Binyuze mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu, tariki ya 9 Nzeri 2026, ryemeje ko Kijanangoma ari we uzasimbura Oyo Nyimba Kabamba Iguru Rukidi IV uherutse gutanga.
Nyuma y’iri tangazo nawe yahise yifashisha urubuga rwa X Ashima abamwifurije ihirwe mu mirimo mishya atangiye.
Ati”ndabashimiye mwese abanyifurije amahirwe mu murimo ntangiye, ndayakiriye. Tuzakorana bya hafi mu kubaka ubwami bwiza bwa Tooro. Kandi ndakomea kwifuriza iruhuko ridashira umuvandimwe wanjye umwami Oyo Nyimba Kabamba. Imana ibarinde.”
Umwami mushya azaba afite inshingano zo kurengera umuco n’imigenzo by’Ubwami bwa Tooro, kubungabunga ubumwe bw’abaturage babwo no gusigasira umurage wabwo.
Kijanangoma yatangajwe nk’umusimbura wa Oyo mbere y’imihango ya nyuma yo kumushyingura, izabera mu irimbi ry’abami rya Karambi Royal Burial Grounds.
Edward Rukidi Kijanangoma yabaye Umwami wa Tooro kuko akomoka mu muryango w’ibwami; ni umuhungu w’Igikomangoma Christopher Paul Kijanangoma akaba n’umwuzukuru w’Umwami George David Rukidi Kamurasi III.




