Umugabo yafatanywe Cocaine yari yahishe muri bonbon

Urwego rushinzwe rushinzwe imisoro kubufatanye na Polisi yose ya muri Irlande batangaje ko bafashe umugabo uri mu kigero cy’imyaka 60 y’amavuko wari utwaye cocaine ifite agaciro k’amayero ibihumbi 500( asaga Milion 800Frw).

Umwami Edward Rukidi Kijanangoma yashimye abamwifurije ihirwe

Nyuma y’aho Edward Rukidi Kijanangoma, wahoze ari umunyamakuru kuri Televiziyo y’Igihugu ya Uganda, UBC TV, wanakoze kuri Televiziyo Rwanda atangajwe nk’Umwami mushya w’Ubwami bwa Tooro, yashimye abamwifurije ishya n’ihirwe mu kuyobora Tooro.

Perezida Paul Kagame yihanganishije Perezida Samia Suluhu Hassan wapfushije umugabo

Abinyujije mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’umugabo wa Perezida Samia Suluhu Hassan, Hafidh Ameir Hassan, yihanganisha umuryango we ndetse n’abaturage ba Tanzania muri rusange. Yagize ati “Nihanganishije byimazeyo mushiki wanjye, Perezida Samia Suluhu Hassan, umuryango we n’abaturage ba Tanzania ku bw’urupfu rwa Nyakubahwa Hafidh Ameir Hassan.” Perezida […]

Perezida Trump ashaka ko umuhora wa Hormuz umwitirirwa

Perezida wa leta zunze ubumwe za America ashaka ko umuhora wa Hormuz wahindurirwa izina ukamwitirirwa kuko kugeza ubu avuga ko uri mu maboko ya Amerika. Trump abona ko ibyiza ari uko uyu muhora usanzwe ufite izina rya Hormuz wahinduka ukitwa Trump strait. Trump ibi yabivuze ku wa Gatatu tariki ya 2 Nzeri 2026, nyuma y’imirwano […]

Kenya: Umuyobozi wa Kenya Airways yeguye

Nyuma y’imyigaragambyo yari imaze iminsi ikorwa n’abakozi bo mu rwego rutwara abagenzi mu ndege mu gihugu cya Kenya, umuyobozi w’agateganyo wa Kompanyi ya Kenya(Kenya Airways) akaba n’umuyobozi nshingwabikorwa wayo George Kamal yeguye kuri izo nshingano. Uyu muyobozi yeguye mu gihe kitageze ku mezi 10 ahawe izi nshingano, ndetse ahita atangaza ko uwari umuyobozi nshingwabikorwa wa […]